GEN KAYUMBA NYAMWASA ATI: NTABWO MVUGIRA ABAREGWA, RPF CYANGWA PAUL KAGAME.

Ubwo urubanza rwa Gen Kayumba Nyamwasa rwasubukurwaga uyumunsi, abunganira abaregwa bacanzwe mu mitwe ubwo baburaga ibibazo bifatitse babaza Gen Kayumba Nyamwasa. Bya geze naho umucamanza abaza umwe mu bunganira abaregwa witwa Strauss ati: “ Uri kutuganisha he n’ibibazo byawe”?
Mukubaza ibibazo byageze naho abo bagabo bivamo, ubwo bageraga aho bavugana mu cyongereza nabo bahagarariye kandi bari bamaze iminsi bashaka kwerekana ko abo baburanira batazi I cyongereza kandi ko ngo n’icyo bavuga ari “tura turye”.
Urubanza rw’uyu munsi rwatumye buri wese wari waje kurukukirana ataha yibaza byinshi kubibazo bitumvikana, abo bunganira ababurana babazaga. Bikaba bigaragara ko basa nkabatsinzwe urubanza kuko nkuko byatangajwe na nyirubwite, aho yababwiraga ko ibibazo bamubaza byagombye gusubizwa n’abaregwa.
Aha na none icyatangaje abitabiriye urwo rubanza ni uko ushinjwa kwica Gen Kayumba Nyamwasa ariwe uzwi nk’ uregwa nomero 5, uyumunsi yaje yambaye umupira w’imbeho wanditse ho ngo “ As I lay dying” bivunga ngo “ndimo ndasamba”.
Urubanza ruzakomeza ejo taliki ya 11 Nyakanga 2012. Ikitazwi ni uko abo bunganira abaregwa bazongera guhuzagurika mu bibazo byabo barimo kubaza Gen Kayumba Nyamwasa nkuko umucamanza yabibabajije bikaba byanavuyemo gusubika urubanza hakiri kare.
JD Mwiseneza
Johannesburg.

Ubwo urubanza rwa Gen Kayumba Nyamwasa rwasubukurwaga uyumunsi, abunganira abaregwa bacanzwe mu mitwe ubwo baburaga ibibazo bifatitse babaza Gen Kayumba Nyamwasa. Bya geze naho umucamanza abaza umwe mu bunganira abaregwa witwa Strauss ati: “ Uri kutuganisha he n’ibibazo byawe”?
Mukubaza ibibazo byageze naho abo bagabo bivamo, ubwo bageraga aho bavugana mu cyongereza nabo bahagarariye kandi bari bamaze iminsi bashaka kwerekana ko abo baburanira batazi I cyongereza kandi ko ngo n’icyo bavuga ari “tura turye”.
Urubanza rw’uyu munsi rwatumye buri wese wari waje kurukukirana ataha yibaza byinshi kubibazo bitumvikana, abo bunganira ababurana babazaga. Bikaba bigaragara ko basa nkabatsinzwe urubanza kuko nkuko byatangajwe na nyirubwite, aho yababwiraga ko ibibazo bamubaza byagombye gusubizwa n’abaregwa.
Aha na none icyatangaje abitabiriye urwo rubanza ni uko ushinjwa kwica Gen Kayumba Nyamwasa ariwe uzwi nk’ uregwa nomero 5, uyumunsi yaje yambaye umupira w’imbeho wanditse ho ngo “ As I lay dying” bivunga ngo “ndimo ndasamba”.
Urubanza ruzakomeza ejo taliki ya 11 Nyakanga 2012. Ikitazwi ni uko abo bunganira abaregwa bazongera guhuzagurika mu bibazo byabo barimo kubaza Gen Kayumba Nyamwasa nkuko umucamanza yabibabajije bikaba byanavuyemo gusubika urubanza hakiri kare.
JD Mwiseneza
Johannesburg.
posted by RNC NEWS ONLINE @ July 10, 2012
0 Comments

0 Comments:
Post a Comment
Subscribe to Post Comments [Atom]
<< Home