Ni ukuvuga ko n’itsinda ry’umuryango, iry’inshuti, iry’abasangiye amasomo, iry’ubukwe cyangwa iry’itorero rishobora kugwa muri iri tegeko.
Aha ni ho ikibazo gikomeye gitangirira: kuba umuntu ari umusirikare, ese bivuze ko ubuzima bwe bwite bugomba kugenzurwa kugeza no ku matsinda ya WhatsApp?
Birumvikana ko ingabo zigomba kurinda ibanga ry’akazi n’umutekano w’igihugu. Ariko kurinda umutekano ntibigomba guhita bihinduka uburyo bwo kugenzura buri gice cy’ubuzima bw’umusirikare. Itegeko Nshinga rirengera ubuzima bwite, ibanga ry’itumanaho n’uburenganzira bwo kwishyira hamwe, mu mbibi ziteganywa n’amategeko.
Ikindi giteye impungenge ni uko iyi nyandiko isaba umusirikare kugira uruhare mu biganiro bya WhatsApp yitondeye cyane, ndetse ikamwibutsa ko ashobora kubazwa imyitwarire cyangwa ibiganiro bibera muri group arimo.
Ibi bishobora gutuma umusirikare atangira kubaho afite ubwoba bwo kuvuga, gutanga igitekerezo cyangwa kwifatanya n’abandi mu bikorwa bisanzwe by’ubuzima.
Ikibazo rero si WhatsApp gusa. Ni iki: “Iyo umusirikare avuye ku kazi, ni hehe uburenganzira bwe nk’umuntu butangirira?”
Basirikare b’u Rwanda, inshingano yanyu ya mbere ni ukurinda igihugu n’abaturage, kubahiriza Itegeko Nshinga no gukora mu nyungu rusange. Iyo hari ibibazo by’imiyoborere cyangwa ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu, ni ngombwa ko amategeko n’inzego zibishinzwe bikurikizwa, kandi ko ijwi ry’umusirikare ritangwa mu buryo butabangamira ubuzima n’umutekano by’abaturage.
Rwose n'imuhaguruke mu rwanye ubu butegetsi, busigaye bwambukiranya imipaka kugera naho bashaka kumenya nibyo mu miryango yanyu.
Amateka azabibaza ngabo zu Rwanda dukanda.
No comments:
Post a Comment